RFL
Kigali

Amavubi yatsinze Benin icyizere cyo kujya muri CAN kiragaruka - AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:15/10/2024 16:43
0


Ikipe y'igihugu y'u Rwanda "Amavubi" itsinze iya Benin mu mukino wa kane wo gushaka itike y'igikombe cya Africa nuko agira amanota atanu.



Kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Ukwakira 2024, u Rwanda rwatsinze Benin mu mukino wabereye muri Stade Amahoro kuva saa Kumi n'ebyiri z'umugoroba. Gutsinda uyu mukino byatumye u Rwanda rugira amanota atanu rugumana icyizere cyo kuzajya mu gikombe cya Afrika cyane ko rusigaje umukino wa Libya n'uwa Nigeria.

Nubwo ikipe y'igihugu ya Nigeria itarakina na Libya irusha u Rwanda amanota abiri gusa. Kugeza ubu ikipe ya Mbere ni Nigeria ifite amanota 7, Benin ifite amanota 6, u Rwanda rufite amanota 5 naho Libya ifite inota rimwe.

Uko umukino wagenze umunota ku munota

90+3 Niyomugabo Claude utabanje mu Kibuga yasimbuye Mugisha Gilbert umukino uhita urangira u Rwanda rubonye intsinzi.

Iminota 90 isanzwe irangiye u Rwanda ruyoboye n'igitego kimwe ku busa bwa Benin, Hongerwaho iminota ine y'inyongera.

88' Samuel Guirette yahaye umwanya Muhire Kevin nuko abafana bamukomera amashyi bishimye.

85' Ntwari Fiacre yakuyemo umupira nyuma y'uko Dodji Dokou yari yatatse izamu ry'u Rwanda

84' Abashyigikiye ikipe y'igihugu "Amavubi" kuri stade Amahoro bari mu bicu nyuma y'uko u Rwanda ruri gukina neza

80' Koruneli ya Benin nyuma yuko Niyomugabo Claude atabaye Amabubi, ntacyo imariye ikipe y'igihugu ya Benin

79' Bizimana Djihard utsinze igitego cya kabiri ahaye umwanya Rubanguka Steve

77' Abakinnyi b'ikipe y'igihugu y'u Rwanda batangiye gutinyuka umunota ku wundi bari imbere y'ikipe y'igihugu ya Benin

74' Ruboneka Jean Bosco yari azamukanye umupira ashaka igitego cya gatatu nuko Williaams wa Benin ararenza umupira

69' Penaliti itewe na Bizimana Djihard ibyaye igitego cya kabiri cy'Amavubi

68' Peneliti y'u Rwanda ku ikosa rikorewe Bizimana Djihard

67' Nshuti Innocent atsinze igitego cya mbere cy' u Rwanda

66' Umuzamu wa Benin Marcel yakuyemo ishoti rikomeye ryatewe na Nshuti Innocent

59' Mugisha Girbert yateye umutwe mu izamu rya Benin ku mupira yari azamuriwe na Omborenga Fitina nuko amahirwe aba make ku Rwanda.

58' Mugisha Gilbert yagumye kugerageza uburyo imbere y'izamu rya Benion biguma kwanga

57' Koruneli y'Amavubi yatewe na Bizimana Djihard ntacyo yabyariye Amavubi

54' Kufura y'Amavubi yatewe na Samuel Guerette nyuma y'uko abanya Benin bari bakoreye ikosa Mugisa Gilbert ba myugariro ba Benin umupira bawukuyemo utarajya mu izamu.

51' Abakinnyi b'u Rwanda bari kugerageza kwataka ikipe ya Benin ariko umuzamu yabaye ibamba

47' Imanishimwe Emmanuel yazamukanye umupira ba myugariro ba Benin barawurenza, nyuma yo kuwurengura ntacyo u Rwanda rwamajije umupira.

46' Ikipe y'igihugu ya Benin itangiranye imbaraga ishaka ko yatsinda igitego cya kabiri

45' Kwizera Jojea yavuye mu kibuga asimburwa na Ruboneka Jean Bosco


Williams nyuma yo gutsinda igitego cyatumye Benin itangira kuyobora umukino


Igice cya mbere kirangiye umukino uri guhuza ikipe y'igihugu y'u Rwanda "Amavubi" n'ikipe y'igihugu ya Benin, u Rwanda ruri inyuma ya Benin kuko Benin igiye kuruhuka ifite igitego kimwe ku busa bw'u Rwanda

45+1 Koruneri y'u Rwanda itewe na Samuel ba myugariro ba Benin bayikuyemo

42' Mugisha Bonheur ananiwe kugarira umupira, ufatwa na Williams Edwin nuko atsindira Benin igitego cya mbere, abafana b'Amavubi bari kuri Stade Amahoro bacika intege kuko imibare itangiye kuba myinshi.

41' Amavubi arase igitego cyari cyabazwe

40' Ntwari Fiacre yakuyemo umupira wari uturutse kuri kufura yatewe na Junioun ukomoka muri Benin

35' Kufura y'u Rwanda itewe na Samuel ntacyo imariye Amavubi

32' Abakinnyi b'ikipe y'igihugu "Amavubi" bakomeje guhana umupira mu kibuga bakanagerageza kwinjira imbere y'izamu rya Benin ariko igikorwa cya nyuma gikomeje kwanga.

25' Myugariro w'Amavubi Manguende aryamye hasi nyuma yuko bamukoreye ikosa, u Rwanda rwahawe kufura yatewe na samuel nuko Niyigene Clement ateye umutwe umupira ujya mu ntoki z'umuzamu.

20' Nshuti Innocent yari yatatse umuzamu wa Benin nuko ahita atera umupira akiza izamu, Nshuti ahomba gutyo.

16' Kufura y'Amavubi ku ikosa ryakorewe Kwizera Jojea, Amavubi yayihererekanyije ananirwa kuyibyaza umusaruro.

14' Abakinnyi b'Amavubi bari gukinira mu kibuga hagati bareba uko bacika ubwugarizi bwa Benin buhagaze neza muri iyi minota

10' Ombolenga Fitina yazamuye umupira imbere y'izamu rya Benin n'uko Mugisha Gilbert ananirwa kuwutsinda n'umutwe.

7' Amavubi abonye uburyo kwa kufura gusa umuzamu wa Benin aba imamba.

6' Abakinnyi b'ikipe y'igihugu y'u Rwanda batangiye gahunda yo kwataka gusa ba myugariro ba Benin bahagaze neza.

4' Ikipe y'Igihugu ya Benin iteye ishoti rikomeye imbere y'izamu ririnzwe na Ntwari Fiacre, umupira unyura hejuru y'izamu

1' Amavubi arase igitego imbere y'izamu rya Benin, umupira wari ufitwe na Mugisha Gilbert


Ba kapiteni ku mpande zombi bari kumwe n'abasifuzi mbere y'uko umukino utangira


Abakinnyi b'Amavubi bari kuririmba indirimbo yubahiriza igihugu


Ikipe y'igihugu ya Benin yamaze gusohoka mu rwambariro 

Abakinnyi b'u Rwanda bamaze gusohoka mu rwambariro


Abakinnyi babanje mu kibuga ku ruhande rwa Benin

Souke Marcel

Yohana Benjamin

Oliver Jacques Aime

Imouane Hasanne

Steve Monue

Rachid Moumin

Mohammed Tijan

Sessi Octave

Andréas Eduin Williams

Junior Olatian

Francisco Dooo Dodji Dokou


Abakinnyi bagiye kubanza mu kibuga ku ruhande w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda ni:

Ntwari Fiacre

Ombolenga Fitina

Imanishimwe Emmanuel

Niyigena Clement

Mutsinzi Ange

Mugisha Bonheur

Guelette Samuel

Bizimana Djihard (C)

Kwizera Jojea

Nshuti Innocent

Mugisha Gilbert

Amakipe yombi ari kwishyushya yitegura urugamba rutangira mu minota 40 iri imbere.

Abafana batangiye kugera kuri Stade Amahoro n'ubwo atari benshi

Ubwo abafana bari batangiye kugera muri Stade Amahoro ngo bashyigikire ikipe y'igihugu

Ku marembo ya Stade Amahoro abafana ni benshi biteguye gushyigikira Amavubi

Mu gihe habura isaha imwe ngo rwambikane hagati y'ikipe y'igihugu ya Benin ndetse n'Amavubi, abasifuzi bari gusuzuma ikibuga banakora imyitozo ngororamubiri kugira ngo babashe koroherwa no gusifura umukino.

Mu mukino wa Gatatu ikipe y’igihugu ya Benin les Guepards yatsinze ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi" ibitego 3-0 mu mukino wabereye kuri Stade yitiriwe uwahoze ari Minisitiri w’intebe wa Cote d’Ivoire kuva mu 1960-1993 Felix Haupouet Boigny.

Ubwo ikipe y’igihugu ya Benin yatsindaga umukino wa Gatatu, yahise igira amanota atandatu ku icyenda, Amavubi asigara ku manota abiri ku icyenda.

Uyu mukino wo kuri uyu wa Kabiri ni uwo gupfa no gukira ku ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, cyane ko niramuka iwutsinzwe iraguma ku manota abiri kuri 12 araba amaze gukinirwa.

Urugendo rwo kujya mu gikombe cya Africa ruraza gusa n’aho rurangiye kuko imikino ibiri yaba isigaye imbere nubwo Amabuvi yayitsinda yose ntabwo yakuzuza amanota icyenda Benin yahita igeraho iramutse itsinze umukino wa none.

Mu gihe ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinda iya Benin kuri uyu wa Kabiri, amahirwe yo kujya mu gikombe cya Africa yaba agihari kuko u Rwanda rwahita rugira amanota 5 rugasigara rurushwa na Benin inota rimwe cyane ko yo yamaze kugira amanota atandatu.

Nyuma y’imikino itatu imaze gukinwa mu itsinda u Rwanda ruherereyemo, Nigeria ni iya mbere n’amanota arindwi, Benin ya kabiri afite amanota 6, u Rwanda rwa gatatu rufite amanota 2 naho Libya ya kane ifite inota 1.


Abakinnyi b'ikipe y'igihugu y'u Rwanda bitezweho gutanga ibisubizo imbere ya Benin

UKO AMAVUBI YASERUTSE KURI STADE AMAHORO 


ABAKINNYI BABANJE MU KIBUGA KU MAKIPE YOMBI


REBA IBITEGO BYIZA U RWANDA RWATSINZE AMAVUBI MU MUKINO WABEREYE I KIGALI



AMAFOTO: Ngabo Serge - InyaRwanda

VIDEO: Eric Munyantore - InyaRwanda Tv






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Yasine 19 hours ago
    Magwende Ferwafa imugurire akantu kuko yadushimishije cyneee kd n'umutoza numuhanga gs agira umujinya mubi yokwivumbura ark numuhanga!!!





Inyarwanda BACKGROUND